Komisiyo Ishinzwe Amatora muri Burkina Faso, ku wa Kane tariki ya gatandatu Ukuboza 2012 yashyize ahagaragara ibyavuye mu matora y’abagize Inteko Nshingamategeko by’agateganyo, amatora yabaye ku ya kabiri Ukwakira 2012. Uruhande rushyigikiye Perezida Blaise Compaoré ni rwo rwegukanye intebe nyinshi .
Amakuru dukesha ikinyamakuru Le Monde avuga ko uruhande rwa Compaoré rwagize imyanya 81 ku 127 iteganyijwe. Intebe 58 zihita zihabwa Ishyaka CDP ( Congrès pour la Démocratie et le Progrès) rya Perezida Compaoré uri ku butegetsi kuva mu w’1987 ubwo yahirikaga Thomas Sankara.
Me Barthélémy Kéré , Perezida wa komisiyo y’amatora muri iki gihugu, avuga ko ibitangajwe ari iby’agateganyo kuko hari andi majwi atarabarurwa neza nk’ayo mu Ntara ya Kadiogo n’Umurwa Mukuru Ouagadougou.
Uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ruyobowe na François Compaoré, murumuna wa Perezida Blaise Compaoré bivugwa ko yifuza kuzasimbura mukuru we ku butegetsi muri 2015, rwo rwabonye intebe 15.



















TANGA IGITEKEREZO