00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zambia: Mundubile akurikiranyweho kugambanira igihugu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 August 2026 saa 09:01
Yasuwe :

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zambia, Brian Mundubile, yabajijwe na Polisi ku birego byo kugambanira igihugu.

Mundubile, uyobora Ishyaka National Reconciliation Party (NRP) ndetse akaba yari umukandida mu matora ya Perezida, yabajijwe na Polisi hamwe n’uwahoze ahatanira kuyobora igihugu, Makebi Zulu. Aba bombi bafashwe n’inzego z’umutekano babazwa ku bikorwa bivugwa ko bifitanye isano n’icyaha cy’ubugambanyi.

Polisi ya Zambia yavuze ko yabajije aba bayobozi bombi ku wa Kane, nyuma y’uko bahamagajwe kugira ngo bisobanure.

Mundubile yahatanye mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa 13 Kanama aho Perezida Hakainde Hichilema, yatsinze agize majwi 60%, mu gihe Brian Mundubile we yagize 38%.

Mundubile yavuze ko atemera ibyavuye mu matora ariko ntiyatanga ikirego kuko inkiko zafunzwe ku munsi wa nyuma wo gutanga ibirego.

Mundubile ari kubazwa ku cyaha cy'ubugambanyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages