Abagera kuri 39% by’abibasiwe n’iyo virusi ni abana bo munsi y’imyaka itanu, mu gihe mu bayanduye muri rusange ab’igitsinagabo ari 59%.
OMS kandi igaragaza ko no mu 2023 iyi virusi yibasiye RDC kuko abantu 14,626 bayanduye, 654 muri bo bagahitanwa na yo. Ni mu gihe ubwiyongere bw’ubwoko bushya bw’iyo virusi buzwi nka ‘MPXV’ bwagaragaye cyane hagati muri Nzeri 2023 mu Majyepfo ya Kivu.
Byagaragaye ko iyi virusi iri gukwirakwira cyane binyuze mu mibonano mpuzabitsina, ndetse no kwegerana cyane kw’abantu. OMS igaragaza ko kugeza ubu hari ikibazo cy’ibikorwa by’ubuvuzi bikiri hasi mu duce iyo virusi iri kugaragaramo muri RDC, ku buryo bikigoye gupima abaturage ndetse muri utwo duce hakaba hataboneka inkingo zayo.
Uwanduye Monkeypox ashobora kuyimarana ibyumweru bibiri kugeza kuri bine ndetse bishobora kugaragara hagati y’umunsi wa gatanu n’uwa 21.
Ibimenyetso bishobora kugufasha kumenya ko wanduye iyi virusi harimo kugira umuriro mu buryo buhindagurika, kuribwa umutwe, uburyaryate mu mikaya, kubabara umugongo, kumva imbeho nyinshi, umunaniro ndetse no kuzana uduheri n’utubyimba duto tumeze nk’ibibembe cyangwa ibihara ku ruhu rwawe.
Mu gihe utangiye kugira umuriro bitewe na Monkeypox, nyuma y’umunsi umwe kugeza kuri itatu, utangira kweruruka cyane kuva mu maso ukaba wanagira udusebe ku buryo bikwirakwira umubiri wose. Kugeza ubu nta buvuzi buzwi bwihariye bushobora guhabwa uwanduye iyi ndwara, mu gihe guhabwa urukingo rwayo ari cyo cyonyine gifatwa nk’urufunguzo rwarinda umuntu kwandura Monkeypox.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!