00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwabaye Minisitiri muri RDC yashinje Leta guhohotera Kabila

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 September 2026 saa 03:31
Yasuwe :

Uwahoze ari Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Marie Ange Mushobekwa, yavuze ko uwahoze ari Perezida Joseph Kabila n’umuryango we bari gukorerwa ihohoterwa rishingiye kuri politiki.

Mushobekwa, usanzwe ari umwe mu bagize Ihuriro FCC rihuza amashyaka ashyigikiye Joseph Kabila, yabigarutseho mu kiganiro cyo kuri X cyateguwe na Stanis Bujakera Tshiamala, aho yavuze ko Kabila yagiye ahakana kenshi ko yaba afitanye isano n’umutwe wa AFC/M23.

Yavuze ko kuba Kabila yarabaye Umukuru w’Igihugu cya RDC imyaka 18 ndetse akaba yarabaye n’umusirikare, bimuha ubumenyi buhagije ku gihugu, bityo ko niba koko yaba ari mu mutwe wa AFC/M23, ibintu ku rugamba byaba bitandukanye.

Ati “Twemera ibyo avuga kugeza igihe bizagaragazwa ukundi, kandi nta muntu urabasha kutwereka ibimenyetso bihabanye n’ibyo yavuze.”

Mushobekwa yavuze ko intara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, zirimo imijyi ya Goma na Bukavu, zigomba gufatwa nk’izindi ntara zose za RDC.

Yasobanuye ko kuba Kabila yaragiye muri ibyo bice aho kujya mu bice bigenzurwa na Guverinoma ya Kinshasa, byatewe n’ibyo yise ihohoterwa yakorewe we n’umuryango we.

Yagaragaje ko uwahoze ari Perezida adakwiye guhatirwa kuba mu mahanga kandi igihugu cye gihari.

Ati “Ntidushobora guhatira uwahoze ari Perezida kuba mu mahanga kandi akeneye kuba mu gihugu cye.”

Mushobekwa ni umwe mu bantu bakomeye muri FCC, ihuriro rya politiki ryari riyobowe na Joseph Kabila mbere y’uko Félix Tshisekedi afata ubutegetsi.

Ibyo yavuze bije mu gihe muri RDC hakomeje impaka ku ruhare rwa Kabila mu bibazo by’umutekano byo mu burasirazuba bw’igihugu n’umubano we na AFC/M23.

Kabila amaze igihe adacana uwaka n’ubuyobozi buriho muri RDC
Marie Ange Mushobekwa asanga Kabila amaze igihe kinini akorerwa ihohoterwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages