00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uruzinduko rwa Papa Léon XIV muri Cameroun rwasize induru: Haravugwa ruswa mu kumwakira kugeza n’ibukuru

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 April 2026 saa 08:49
Yasuwe :

Uruzinduko Papa Léon XIV aherutse kugirira muri Cameroun, rukomeje kuvugisha abantu benshi. Mu gihe yari muri icyo gihugu yasabye ko ruswa yacika mu ngeri zose, amakuru avuga ko kumwakira habayemo iy’akataraboneka.

Mbere na mbere ingengo y’imari yari yateganyijwe, mu bintu byose yararenze. Ibijyanye na protocole y’uburyo Papa azakirwa, byari byagenewe ko bizatwara miliyoni 1,5 z’ama-euro, ubwo ni ukuvuga ibijyanye n’umutekano, ingendo n’ibindi. Gusa bivugwa ko byarangiye bitwaye miliyoni 76 z’ama-euro, asaga miliyari 130 Frw.

Kugira ngo igiciro cyiyongere ku buryo budasanzwe, byatewe ahanini n’amasoko ya leta n’ibindi leta yaguze huti huti. Ibyo birimo n’imirimo yakozwe igitaraganya mu gutunganya uburyo Papa azakirwa, ibijyanye n’uburyo abantu bo muri delegasiyo ye bazitabwaho, ingengo y’imari yagiye ikoreshwa ibyo itari yagenewe n’ibindi.

Hari isoko ryari ryaratanzwe ryo gutunganya umwe mu mihanda Papa yagombaga gukoresha, byari biteganyijwe ko uwo muhanda ugomba kurangira muri Nyakanga 2025, ariko byageze muri Gashyantare utararangira.

Meya wa Yaoundé yahise asinya iteka risaba ko hakongerwa igihe uwo mushinga wari kuzakorerwa, hashyirwaho n’amezi abiri yo kuba warangiye. Amafaranga aba atangiye gutikira gutyo.

Urundi rugero ni urwa zahabu zagombaga gukoreshwa mu guha impano Papa. Bivugwa ko ku wa 27 Werurwe, Umunyamabanga Mukuru w’Ibiro bya Perezida muri Cameroun, Ferdinand Ngoh Ngoh, yasabye ikigo gishinzwe amabuye y’agaciro ko cyamuha ikilo n’inusi bya zahabu izakoreshwa nk’impano.

Ku wa 1 Mata, Minisitiri w’Imari, Louis Paul Motaze, yemeje ko iyo zahabu isohoka ariko hasohoka ikilo kimwe cya zahabu itunganyije ya carat 24, nyuma hongerwaho amagarama 500 ariko bamwe mu bacukuzi bayitanze mu cyimbo cyo kuzatanga imisiro.

Usibye ayo mafaranga, bivugwa ko hari n’andi mafaranga yakoreshejwe na leta mu kwakira abantu ba baringa baturutse imahanda. Bivugwa ko hari abantu bafashwe nk’abagiye kwakira Papa baturutse muri Gabon kandi ngo ari abaturage basanzwe b’Abanya-Cameroun aho kuba abaturutse mu mahanga. Abo bantu bose barahembwaga, kugira ngo bigire nk’abanyamahanga.

Ikindi ni uko kandi abahoze ari abadipolomate badafite inshingano n’imwe mu buyobozi, nabo bakusanyijwe, bakishyurirwa amacumbi muri hotel zikomeye zirimo nka Hilton na Mont Fébé i Yaoundé, hagakoreshwa amafaranga ya leta. Ibyo byose ngo byakorwaga n’abantu bo hafi ya Perezida Paul Biya.

Papa Léon XIV yasuye Cameroun mu rugendo rwe rwa mbere yari agiriye muri Afurika
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ubwo yari muri Cameroun yahawe impano zinyuranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages