Ku wa 27 Gicurasi ni bwo Trump yavuze ko iyo bitaba ku bwe u Burusiya buba bwarahuye n’ibibazo bikomeye, bityo ari yo mpamvu gukomeza kugorana mu guhosha intambara bisa no gukina n’umuriro.
Yagize ati “Icyo Vladmir Putin atabona ni uko iyo bitaba njye u Burusiya buba bwarahuye n’ibintu bibi byinshi, bibi cyane, ari gukina n’umuriro.”
Trump avuze aya magambo nyuma y’iminsi mike yise Putin umusazi kubera ibitero yagabye muri Ukraine mu cyumweru gishize.
CNN yatangaje ko Amerika ishobora gushyiriraho u Burusiya ibindi bihano ku bwo gutera Ukraine kandi hari kuba ibiganiro bigamije guhosha intambara.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!