00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwanzuro wa SADC wo kohereza ingabo muri RDC utegerejwe i Luanda

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 4 November 2023 saa 12:54
Yasuwe :

Ibihugu byo muri SADC byahuriye mu nama muri Angola kugira ngo byige kuri gahunda yo kohereza ingabo mu Burasirazuba bwa Congo, zifashe mu bikorwa byo kugarura amahoro.

Ni ibiganiro bigomba gushyira umurongo kuri iyi gahunda imaze igihe iganirwaho guhera muri Gicurasi uyu mwaka. Kohereza abasirikare muri RDC, byitezwe ko bizakorwa mu gihe cya vuba.

Abayobozi ba RDC bavuga ko mu byumweru bike ingabo ziturutse muri Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania zizagera ku butaka bwayo mu butumwa bwa SADC.

Inama yo kuri uyu wa Gatandatu ni iyo gushyira ku murongo ubutumwa bw’izi ngabo nyuma y’uko mu bihe bishize, abakuru b’ibihugu na ba minisitiri bari baganiriye kuri iyi ngingo.

Mu ntangiro za Ukwakira, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Naledi Pandor, yabwiye IGIHE ko igihe izi ngabo zizagira muri RDC kitari cyamenyekana.

Ati “ Nta makuru mfite ariko ni ikintu turi gukoraho.”

Ingabo za Afurika y'Epfo ziri mu zigomba koherezwa muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages