Kabila usanzwe ari Senateri w’ubuzima bwose ashinjwa ibyaha birimo kuba mu mutwe w’ingabo utemewe n’amategeko, ibyaha byibasira inyokomuntu, ubwicanyi bugambiriwe, gufata ku ngufu n’itoteza.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibi byaha byakorewe mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri ziri mu burasirazuba bwa RDC.
Urubanza rwa Kabila rwatangiye muri Nyakanga 2025 nyuma yo kwamburwa ubudahangarwa, Ubushinjacyaha busobanura ko yabikoze nk’umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 gusa we yagaragaje ko ntaho ahuriye na ryo.
Byari byarateganyijwe ko umwanzuro w’uru rubanza wari kumenyekana tariki ya 12 Nzeri ariko uwo munsi, abanyamategeko barengera inyungu za Leta bagaragaje ko habonetse abatangabuhamya bashya biteguye kumushinja.
Mu gihe byari byitezwe ko uru rubanza rwari gusubira ibubisi tariki ya 19 Nzeri, abanyamategeko ba Leta basobanuriye abacamanza ko aba batangabuhamya batatu batakibonetse.
Ubushinjacyaha bw’igisirikare bwasabiye Kabila igihano cy’urupfu. Abanyamategeko barengera inyungu za Leta ya RDC bo bamusabiye igifungo cya burundu kugira ngo ajye asurwa n’abagizweho ingaruka n’ibyaha ashinjwa.
Abanyamategeko barengera inyungu za Leta kandi basabye ko imitungo yose Kabila afite muri RDC yafatirwa, agacibwa n’indishyi ya miliyari 24 z’Amadolari.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!