00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwana w’imyaka 13 umaze iminsi yibasira Museveni na Gen Muhoozi yatawe muri yombi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 August 2026 saa 10:55
Yasuwe :

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi umwana w’imyaka 13 ukekwaho gukoresha urubuga rwa TikTok akwirakwiza ubutumwa burimo amagambo asesereza ndetse ashobora guteza amakimbirane.

Uyu mwana witwa Twikirize Clever, uzwi ku izina rya “Mad Hunter”, utuye mu gace ka Kooki D, mu Karere ka Lyantonde. Yatawe muri yombi n’ishami rya Polisi rikorera muri ako karere.

Polisi yavuze ko uyu mwana akurikiranyweho ibyaha birimo gushishikariza abantu gukora urugomo no gukwirakwiza ubutumwa bushingiye ku macakubiri, binyuze kuri konti ye ya TikTok.

Iperereza ry’ibanze ryakozwe na Polisi rigaragaza ko uyu mwana yashyiraga kuri TikTok ubutumwa burimo amagambo atiyubashye kandi ateye isoni, aho Polisi yavuze ko ayo magambo adakwiriye cyane cyane ku mwana ukiri muto.

Polisi ya Uganda yavuze ko nyuma yo gukoresha amakuru y’ubutasi mu iperereza, yashoboye kumenya aho uyu mwana aherereye, imufatira aho yari yihishe muri Kooki C Cell, mu Karere ka Lyantonde.

Kugeza ubu, uyu mwana ari mu maboko ya Polisi mu gihe iperereza rigikomeje.

Uyu mwana atawe muri yombi nyuma y’uko mu bihe bitandukanye yagiye ashyira kuri TikTok amashusho yumvikanamo amagambo yibasira Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages