Uyu muturage ni umwe mu bitabiriye ibiganiro Perezida Museveni yagiranye n’abafite amagaraje n’abayakoreramo byabaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Ni ibiganiro byari biri mu murongo wo kumva ibibazo by’abakora muri uru rwego, ariko no ku bashakaho amajwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Mutarama 2026.
Ubwo byari bigeze mu mwanya wo kubaza ibibazo no kungurana ibitekerezo Imam Seruwo yaratunguranye, yumvikana asaba Perezida Museveni inkweto, ndetse bisa n’aho yigeze kuzimwemerera.
Ati “Wambwiye ko uzangurira inkweto zo gukorana, izi zarashaje nyakubahwa.”
Imam Seruwo: “Owekitiibwa President, you promised to buy me a new pair of shoes. The ones I am wearing are now worn out.” pic.twitter.com/6dcHgM5wTs
— UBC UGANDA (@ubctvuganda) December 28, 2025
Imam Seruwo ntiyigeze avuga igihe Museveni yamwemereye kumugurira inkweto, ndetse uyu mukuru w’igihugu na we ntacyo yabivuzeho.
Museveni yemereye aba bakanishi miliyari 1 y’Amashilingi, azashyirwa muri SACCO yabo, akajya atangwa nk’inguzanyo nto zo kugura ibikoresho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!