Uyu musaza usanzwe afite abagore benshi, yavuze ko uru rugo rushya rwatumye badatakaza imitungo bashoye mu bukwe bw’umuhungu wabo hakurikijwe imigenzo gakondo, aho inkwano ifatwa nk’igice cy’ingenzi mu bukwe.
Uyu musaza yafashe iki cyemezo kugira ngo adahomba inkwano yari yaratanze mu gihe umuhungu we yashyingiranwaga na Mary. Iyi nkuru yakuruye impaka mu bantu kubera urugo rudasanzwe rw’aba bantu bari basanzwe bafitanye isano mu muryango.
Amakuru avuga ko Mary n’umuhungu wa Usakazi babanye ariko nyuma baratandukana. Nyuma yo gutandukana, bivugwa ko ababyeyi ba Mary batashoboye gusubiza inkwano yari yarishyuwe n’umuryango w’umusore mu gihe ubukwe bwategurwaga.
Mu bice bimwe n’imigenzo gakondo, inkwano ifatwa nk’ikintu gikomeye, ndetse kuyisubiza nyuma y’uko abashyingiranywe badashoboye gukomezanya bishobora guteza amakimbirane hagati y’imiryango.
Kuri iki kibazo Usakazi ngo yavuze ko kuba inkwano itarasubijwe byatumye umuryango we ugumana uburenganzira bwo gukomeza isano yari yashyizweho n’ugushyingirwa muri uyu muryango.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!