Mubangizi akurikiranyweho kwica Byaruhanga Emmanuel w’imyaka 60, wari utuye mu gace ka Ihimbi, muri Kabale.
Iki gikorwa cyabaye ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026.
Umuvugizi wa Polisi mu Karere ka Kigezi, Nelson Tumushime, yavuze ko ahagana Saa Moya n’Igice z’umugoroba, Mubangizi yari mu ntonganya n’umugore we, bituma Byaruhanga agerageza kubakiza.
Ati “Aho kumushimira, ukekwa yatangiye gutuka nyakwigendera kugeza ubwo yafashe umuhoro, aramutema.”
Polisi yahise igera ahabereye icyaha, umurambo wa Byaruhanga ujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kabale kugira ngo ukorerwe isuzuma rigamije kumenya neza icyamwishe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!