00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyatanzaniyakazi yafatanywe heroin mu mubiri ariko muri Tanzaniya bamuyobewe

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 27 December 2013 saa 12:31
Yasuwe :

Mu gihugu cya Tanzaniya hakomejwe kwibazwa ikibazo cy’umunyatanzaniyakazi wafatiwe mu Bushinwa afatanywe ikiro kimwe cy’ikiyobyabwenge cya heroin, ariko kikaburirwa umuti nyuma y’aho hataramenyekana amazina y’uwafashwe.
Urubuga Bongo 5 rwo muri Tanzaniya rwatangaje ko hari amazina rwamaze kumenya ashobora kuba arimo izina ry’ukekwa kuba ari we wafatanywe ibyo biyobyabwenge, ariko ngo rukaba rwanze gutangaza cyangwa kugira uwo rutunga agatoki rwirinda kuba rwatanga amakuru atari (…)

Mu gihugu cya Tanzaniya hakomejwe kwibazwa ikibazo cy’umunyatanzaniyakazi wafatiwe mu Bushinwa afatanywe ikiro kimwe cy’ikiyobyabwenge cya heroin, ariko kikaburirwa umuti nyuma y’aho hataramenyekana amazina y’uwafashwe.

Urubuga Bongo 5 rwo muri Tanzaniya rwatangaje ko hari amazina rwamaze kumenya ashobora kuba arimo izina ry’ukekwa kuba ari we wafatanywe ibyo biyobyabwenge, ariko ngo rukaba rwanze gutangaza cyangwa kugira uwo rutunga agatoki rwirinda kuba rwatanga amakuru atari ay’ukuri.

Uyu ni we wafatanywe heroin ariko byagoranye kumumenya umwirondoro

Urubuga rwa Chinadailly.com.cn rwanditsi iyi nkuru runashyiraho amafoto agaragaza gufatwa k’uyu mukobwa ugaragara ko ari muremure ugaragara ko anafite imisatsi myinshi akaba ari n’inzobe.

Itangazamakuru ryeretswe heroin yari afite
Amaze gufatanwa heroin

Uru rubuga rwanditse ko hari umukobwa w’imyaka 26 uturuka muri Tanzaniya wafashwe ashinjwa icyaha cyo kugira ibiyobyabwenge mu gihugu cya Maroc mu kwezi k’Ukuboza tariki 19 muri uyu mwaka, aho yari yahishe ikilo cya Hiroine gifite agaciro k’amadolari y’amanyamerika 137,720 (ni ukuvuga amanyarwanda 93649600) aho yari yabihishe mu mubiri we ubwo yafataga indege imukura mu gihugu cya Thailand yerekeza mu gihugu cya Maroc akaba yaravuze ko yerekezaga mu mujyi wa Guangzhou mu murwa mukuru w’Intara y’Amajyepfo w’Igihugu cy’u Bushinwa

Mu Bushinwa igihano cy’ibyaha byo gufatanwa ibiyobyabwenge ni urupfu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .