00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunya-Kenya yasabye Trump kwirukana umuyobozi wabo waheze muri Amerika

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 26 March 2025 saa 12:14
Yasuwe :

Umunya-Kenya witwa Evans Kimori, yandikiye ibaruwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, amusaba kwirukana muri Amerika Umuyobozi w’Akarere ka Nakuru, Susan Kihika, umaze igihe kinini muri iki gihugu.

Kimori mu ibaruwa yahaye na Perezida wa Kenya, William Ruto, yavuze ko igihe uyu mugore amaze adakora kimaze kuzana icyuho mu buyobozi, ndetse biri kugira ingaruka ku baturage ayobora.

Kihika watangaje ko yagiye mu kiruhuku cyo kubyara (Maternity leave), akimazemo amezi arenga atanu, mu gihe itegeko riteganya ko icyo kiruhuko kitagomba kurenza amezi atatu gusa.

Kimori akomeza avuga ko uwo mugore yagiye kwivuza mu mahanga kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwisumbuye, mu gihe aho ayobora urwego rw’ubuvuzi ruri guhura n’ibibazo bikomeye.

Ati “Umuyobozi yagiye kwivuza muri Amerika mu gihe ubuyobozi bwe bwafunze ibitaro bya War Memorial Hospital, byavuraga abaturage bo muri Nakuru guhera mu 1906.”

Si ibyo gusa Kimuri agaragaza ko nubwo Kihika yarengeje iminsi ye y’ikiruhuko akomeza guhabwa umushahara we nk’uri mu kazi.

Mu cyumweru gishize, Kimori n’abandi baturage berenga 2000 batanze inyandiko zisaba ubuyobozi bwa Nakuru ibisobanuro by’irengero rya Kihika, ndetse banasaba ko basubizwa bitarenze ibyumweru bibiri.

Kihaka nubwo yagiye, yakomeje gushyira ku mbuga nkoranyambaga ze imishinga ndetse na gahunda za Nakuru.

Umuyobozi w’Akarere ka Nakuru, Susan Kihika, amaze igihe muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .