Amakuru ajyanye n’itabwa muri yombi rye agaragaza ko yafashwe na Polisi ya Edina ku wa 14 Kanama 2026, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita uwo babana, bivugwa ko urwo rugomo rwari rugamije gukomeretsa bikomeye cyangwa urupfu.
Yafunzwe hashyirwaho ko agomba kwishyura ingwate y’ibihumbi 10$ kugira ngo aburanishwe ari hanze.
Hari hasanzwe ibirego bimushinja ihohotera yaba yarakoreye umukunzi we utwite, witwa Angel nk’uko ibitangazamakuru byo muri Uganda byagiye bibitangaza.
Muri Gicurasi, Angel yari yashinjije Mayanja ku mugaragaro ko yamukubise ubwo bari bagiranye amakimbirane, ariko Mayanja arabihakana.
Amakuru yashyizwe ahagaragara yerekeye ifatwa rye ntiyahise agaragaza niba itabwa muri yombi ryo ku wa 14 Kanama rifitanye isano n’ibirego byari byatanzwe mbere, cyangwa niba uwatanze ikirego muri uru rubanza rushya ari wa mukunzi we utwite.
Amakuru y’Igipolisi agaragaza ko ikirego akurikiranyweho ari icyo gukubita uwo babana, kiri ku rwego rw’icyaha cyoroheje.
Nta makuru arambuye Polisi yashyize ahagaragara ku byabaye byatumye Mayanja atabwa muri yombi. Mayanja afatwa nk’umwere kugeza igihe urukiko ruzamuhamya icyaha.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!