Uru ruganda rwa Mugher rwatangiye gukora mu 2015, nyuma ruza guhura n’ibibazo bitandukanye, birimo imvururu zabaye muri Ethiopia zisiga abigaragambyaga bangije imodoka n’imashini z’uruganda.
Ubuyobozi bwa Dangote Industries Ltd bugiye gushora iyi mari bwagize buti “Nubwo twahuye n’imbogamizi nyinshi, twabashije kwishyura imyenda yose kandi tunasubiza inyungu twari twungutse.”
Umuyobozi wa Dangote Industries Ltd, Aliko Dangote, Ku wa 15 Gashyantare 2025, i Addis Ababa yavuze ko ibikorwa byo kwagura uru ruganda bizarangira mu mezi 30 ari imbere.
Dangote yanatangaje ko ateganya kubaka uruganda rushya rwo gutunganya sima ruzaba rufite ubushobozi bwo gutunganya toni miliyoni 3 buri mwaka.
Yongeyeho ko azafatanya na sosiyete ya Leta ya Ethiopian Investment Holdings, bagashora imari mu ruganda rwa Omo Kuraz rukora isukari.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!