Uyu mudepite akurikiranyweho gukubita umukozi wa sosiyete ya RwandAir ubwo yari ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali.
Tariki ya 3 Nzeri 2026, Yembi wanyuraga mu Rwanda avuye mu kindi gihugu, yagaragaye akubita urushyi umukozi wa RwandAir, amashusho yafashwe na ‘CCTV Camera’ akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.
Yembi akimara gukubita uyu mukozi, inzego z’umutekano z’u Rwanda zahise zimuta muri yombi, ziramufunga, icyakora nyuma y’ibiganiro by’ibihugu byombi, hafashwe umwaznuro wo kumusubiza muri Gabon tariki ya 6 Nzeri, agakurikiranwa n’ubutabera bwaho.
Mu gihe Depite Yembi afunzwe, Inteko Ishinga Amategeko ya Gabon iri gukurikiranira hafi dosiye ye nk’urwego rumushinzwe. Ishima icyemezo u Rwanda rwafashe cyo kumwohereza i Libreville.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!