Ibi byabaye ku wa Gatanu, nyuma y’uko Urukiko Rukuru rwa Tanzania rufashe umwanzuro ko Ubushinjacyaha bwatanze ibimenyetso bihagije ngo Lissu akurikiranwe ku cyaha cy’ubugambanyi.
Tundu Lissu aregwa icyaha cy’ubugambanyi gishingiye ku byaha bivugwa ko yakoze mu gihe cy’ubukangurambaga bw’ishyaka rye CHADEMA bwiswe “No Reforms, No Elections” mbere y’amatora yo muri Tanzania yo mu Ugushyingo 2025.
Ubushinjacyaha bumushinja ko mu nama yabaye ku wa 3 Mata 2025, yavuze amagambo yari agamije gutera ubwoba Guverinoma no kuyibuza gukora inshingano zayo, ndetse ko yari afite umugambi wo guhungabanya inzego z’igihugu. Icyakora, Lissu ahakana ibyo aregwa, akavuga ko urubanza rwe ari urwa politiki.
Mu iburanisha, Lissu yasabye inteko y’abacamanza batatu gutanga impapuro zihamagaza abatangabuhamya 11 yifuza ko bazamushinjura mu rubanza. Muri abo harimo Perezida Samia Suluhu Hassan, uwahoze ari Visi Perezida Philip Mpango, uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa, Umuyobozi Mukuru wa Polisi ndetse n’Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi rwa Tanzania.
Mu batangabuhamya Lissu yasabye harimo kandi abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano ndetse n’abayobozi ba CHADEMA. Yavuze ko abayobozi bakuru bashinzwe umutekano bashobora gutanga ibisobanuro ku birego by’uko yaba yarateje ikibazo cy’umutekano w’igihugu, naho abayobozi b’ishyaka rye bakavuga ku nama yavugiwemo amagambo tubakiyeho ibirego by’ubugambanyi.
Ubushinjacyaha bwifashishije abatangabuhamya 17, mbere y’uko Lissu avuga ko nta bimenyetso bihagije byagaragaje ko yakoze icyaha ashinjwa.
Uyu muyobozi wa CHADEMA yafunzwe kuva muri Mata 2025, ashinjwa gushishikariza abaturage kwanga kwitabira amatora yo mu Ugushyingo. Ishyaka rye ryari ryaratangije ubukangurambaga bwiswe “No Reforms, No Elections” busaba ko habanza kuvugururwa imikorere y’amatora.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!