00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda yahashyije Ebola

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 July 2026 saa 12:58
Yasuwe :

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko iki gihugu cyatsinze icyorezo cya Ebola cyari giherutse kuhagaragara.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Chris Baryomunsi, yatangaje ko igihugu cyujuje ibisabwa byose kugira ngo gitangazwe nk’icyabashije guhashya Ebola, nyuma yo kurangiza igihe cy’iminsi 42 yo gukurikirana abarwayi n’abahuye n’iki cyorezo.

Yavuze ko iki gihe cyo gukurikirana cyatangijwe nyuma y’uko umurwayi wa nyuma wa Ebola wanduye muri Uganda yasezerewe mu bitaro ku wa 16 Kamena 2026.

Kuva Virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo yongeye kugaragara muri Uganda, abantu 20 ni bo bemejwe ko bayanduye, aho 18 bakize bagasezererwa, mu gihe babiri bapfuye bazize iyo ndwara. Abo bapfuye bombi bari abaturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Minisitiri Baryomunsi yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima yakomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze mu gihugu hose, kandi ko nta wundi murwayi mushya wa Ebola wagaragaye.

Ati “Muri iki gihe cyose, Minisiteri y’Ubuzima yakomeje igenzura rikomeye mu gihugu hose kandi nta bundi bwandu bw’indwara ya Ebola bwabonetse.”

Abantu 15 mu banduye Ebola muri Uganda banduriye muri RDC, ari na yo soko ikomeye y’iki cyorezo.

Muri RDC, umubare w’abanduye Ebola umaze kurenga 3.000.

Uganda ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba bimaze igihe bihura n’ibyorezo bya Ebola. Iki gihugu cyagaragaje icyorezo cya mbere cya Ebola mu 2000.

Uganda yahashyije Ebola

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages