Iyi ndwara yandura cyane itera umuriro ukabije, yagaragaye mu gihe hakorwaga igenzura ry’icyorezo cya Ebola cyari kimaze iminsi kihagaragara
Umuvugizi wa Africa CDC, Saran Koly, yavuze ko nta bandi bantu bahuye n’uyu murwayi bagaragaje ibimenyetso by’indwara, ndetse kugeza ubu nta wundi murwayi mushya uri mu gihugu.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yavuze ko atari azi amakuru y’uko haba hari icyorezo cya Marburg mu gihugu.
Africa CDC yavuze ko uyu murwayi wabonetse mu karere ka Kyegegwa mu burengerazuba bwa Uganda, ari umwana w’imyaka umwaka n’igice wari warapfuye.
Yagize ati “Africa CDC iri gukorana na Guverinoma ya Uganda binyuze mu nzego z’ubuzima ku makuru arebana na virusi ya Marburg. Kugeza ubu ntidushobora kwemeza niba hari abandi barwayi bashya.”
Yongeyeho ko Africa CDC yiteguye gutanga ubufasha mu kugenzura amakuru, gusuzuma ingaruka ndetse no gutegura uburyo bwo guhangana n’icyorezo igihe cyakomeza kugaragara.
Abakozi babiri b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) na bo batangarije Reuters ko bamenye amakuru y’uko Uganda yaba yarabonye umurwayi wa Marburg.
Uganda iheruka kugira icyorezo cya Marburg mu 2017.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!