00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umwuzure wazonze Bobi Wine mu bikorwa byo kwiyamamaza

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 October 2025 saa 06:24
Yasuwe :

Robert Kyagulanyi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yagowe no gukomereza ibikorwa byo kwiyamamariza mu karere ka Otuke na Alebtong kuri uyu wa 28 Ukwakira 2025 bitewe n’umwuzure.

Abanyamuryango b’ishyaka NUP ryashinzwe n’uyu munyapolitiki uzwi mu muziki nka Bobi Wine, bagaragaye bagerageza kunyura mu mazi yari yafunze umuhanda, babanje gukuramo inkweto.

Bobi Wine yatangaje ati “Umuhanda ugana mu karere ka Otuke warengewe kandi ntukiri nyabagendwa!”

Ubwo uyu munyapolitiki yabonaga ko kwambuka akoresheje imodoka bigoye, yafashe icyemezo cyo kuvamo, na we akuramo inkweto, yambuka nk’abandi.

Bobi Wine ari kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, akazahatana n’abarimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora ateganyijwe muri Mutarama 2026.

Yifashishije ibyamubayeho uyu munsi, agaragaza ko ubutegetsi bwa Museveni bwakabaye bwaratunganyije imihanda itameze neza mu karere ka Otuke.

Uyu munyapolitiki yanahatanye mu matora aheruka mu 2021, agira amajwi 35,08%. Ni we mukandida uhabwa amahirwe menshi yo gutahana bikomeye na Perezida Museveni.

Bamwe bafashe icyemezo cyo gukuramo inkweto, barambuka
Bobi Wine ni we uhabwa amahirwe yo kugwa mu ntege Perezida Museveni
Kugira ngo imodoka yambuke uyu mwuzure, byasabye kuyisunika
Imodoka zose zambutse bigoranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages