Ibi Okello yabivuze akomoza kuri raporo y’urwego rushinzwe uburenganzira bwa muntu muri Uganda igaragaza ko mu 2022, abantu barenga 2200 bazize inzara n’indwara ziterwa na yo mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bw’iki gihugu. Muri ako gace iyo raporo ivuga kandi ko abagera ku gice cya miliyoni na bo bugarijwe n’inzara ku buryo bukabije.
Uyu muyobozi yavuze ko mu gihe ikirere ari cyiza Uganda ikaba ifite n’ubutaka burumbuka atumva ukuntu hari abaturage bashobora kubura ibibatunga.
Ubwo yavugiraga kuri NTV Uganda yagize ati “Ni igicucu gusa, igicucu cya nyacyo ni cyo gishobora kwicwa n’inzara muri Uganda”.
Amagambo y’uyu muyobozi yarakaje Abanya-Uganda banyuranye harimo n’abo bakorana muri Guverinoma, aho bagiye bamushinja kwirengagiza ko inzara muri Uganda isanzwe ari ikibazo bityo ko nk’umuyobozi biteye isoni kumva avuga amagambo nk’ariya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!