00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umugabo yishwe kubera amakimbirane mu rugo rw’Abanyarwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 August 2026 saa 09:25
Yasuwe :

Polisi yo mu Karere ka Rukiga yatangiye iperereza ku rupfu rw’umugabo w’imyaka 45 wishwe nyuma y’amakimbirane yo mu rugo yabaye ku wa 3 Kanama 2026.

Uyu mugabo witwa Malirwa James Vian, ukomoka mu Rwanda, yasanzwe yapfuye nyuma y’intonganya zo mu muryango.

Chimpreport yanditse ko Nyirampakaniye Sitafania w’imyaka 48 na Asifiwe Sarah, ukora imirimo ya ba nyakabyizi bahise batabwa muri yombi. Bombi batuye mu Rwanda.

Polisi yavuze ko nyakwigendera yari amaze igihe afitanye amakimbirane n’umugore we, bagakeka ko bifite uruhare mu rupfu rwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara ya Kigezi, Nelson Tumusime yavuze ko Polisi yamagana ibikorwa by’urugomo kandi ko amakimbirane yo mu ngo akwiye kumenyeshwa inzego zibishinzwe aho gukemurwa hakoreshejwe ihohoterwa.

Ati “Polisi yamaganye yivuye inyuma ibikorwa by’urugomo. Amakimbirane yo mu ngo akwiye kumenyeshwa Polisi, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’ishami rishinzwe gukurikirana abarebwa n’ibibazo nk’ibi, aho kwishora mu rugomo.”

Umugabo wari ufitanye amakimbirane n'umugore we yasanzwe yishwe (Ifoto: AI)

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages