00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Moses Ali w’imyaka 86 yatorewe kuba Umudepite

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 January 2026 saa 04:55
Yasuwe :

Gen Rtd Moses Ali w’imyaka 86 yatorewe kuba umudepite uzahagarira Akarere ka Adjumani ko mu Burengerazuba bwa Uganda mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.

Uyu musaza ni we wabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere wungirije wa Uganda.

Gen Rtd Moses ubarizwa mu Ishyaka National Resistance Movement (NRM) yatsindiye uyu mwanya ahigitse abandi bakandida batatu bari bahanganye.

Gen Ali yatsinze aya matora ku majwi 12.854 ahigitse Patrick Tandrupasi w’Ishyaka rya Forum for Democratic Change (FDC), mu gihe umukandinda wigenga Gesper Draga yagize amajwi 522.

Gen Ali yagiye mu Nteko Ishinga Amategeko bwa mbere mu 1973 nka Minisitiri w’Ubutegetsi, nyuma ahabwa izindi nshingano zirimo kuba Minisitiri w’Imari, uw’urubyiruko, uw’umuco n’imikino, ubukerarugendo, ubucuruzi n’inganda, uw’umutekano w’imbere mu gihugu, ndetse n’ubutabazi.

Yatangiye gukorera igihugu mu 1968, ubwo yinjiraga mu gisirikare.

Gen Rtd Moses Ali w’imyaka 86 yatorewe kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages