00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Minisitiri Ayebare agiye kurahira nyuma yo gukemura ibibazo by’ubwenegihugu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 August 2026 saa 01:04
Yasuwe :

Adonia Ayebare, wagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, agiye kurahirira izi nshingano nyuma yo kurangiza inzira yo kureka ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikibazo cyari cyaratumye kurahira kwe bitinda.

Ayebare ararahirira hamwe na Sharsti Kutesa Musherure, wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibigo by’imari bito n’ibiciriritse, na Juma Witonze Kisekka, wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu. Umuhango uteganyijwe kubera mu biro bya Perezida i Entebbe kuri uyu wa Kabiri, uyoborwe na Perezida Yoweri Museveni.

Kurahira kwa Ayebare na Musherure byari byaratinze kubera ibibazo byerekeye ubwenegihugu bwabo. Bombi bagombaga kubanza kureka ubwenegihugu bwa Amerika mbere yo gutangira imirimo yabo ku mugaragaro.

Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gusuzuma abashyirwa mu myanya yari yaremeye ko bombi bashobora guhabwa izo nshingano, ariko isaba ko babanza kurangiza inzira zose zijyanye no kureka ubundi bwenegihugu. Perezida Museveni na we yahisemo gusubika kurahira kwabo kugira ngo hirindwe ibibazo by’amategeko byashoboraga kuvuka nyuma.

Ku ruhande rwa Juma Witonze Kisekka, we yanyuze mu nzira itandukanye. Perezida Museveni yamugize Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu nyuma y’uko Komite y’Inteko Ishinga Amategeko yanze kwemeza Dr Lawrence Muganga, wari wabanje kugenerwa uwo mwanya.

Muganga yangiwe kubera ibibazo by’ubwenegihugu burenze bumwe no kuba ataragaragaje ibimenyetso bihagije by’uko yari yararangije inzira zemewe zo kureka ubwenegihugu bw’amahanga. Witonze yaje gusuzumwa n’iyo komite aremerwa.

Minisitiri Ayebare agiye kurahira nyuma yo gukemura ibibazo by'ubwenegihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages