Hashize iminsi Minisitiri Balaam asura ibikorwaremezo mu bice bitandukanye ndetse icyatunguye abantu ni uburyo yategekaga ko abashinzwe kubaka imihanda batabwa muri yombi aho yasangaga harimo imikorere idahwitse.
Barugahara yabwiye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu ko mu igenzura yakoze muri Pakwach yasanze amafaranga yagombaga kubaka kilometero yose yarubatse metero 10 gusa.
Ati “Mu mpera z’icyumweru nagiye i Pakwach, aho Leta yari yateganyije miliyoni 900 z’Amashilingi zo gukora kilometero imwe y’umuhanda woroheje. Nasanze enjenyeri yarakoze metero 10 gusa, ariko yarakoresheje amafaranga yose. Yari asigaranye miliyoni 12 gusa. Namubajije nti ‘Amafaranga ari he?’ ansubiza ati ‘amafaranga, amafaranga, amafaranga, amafaranga.’”
Minisitiri yavuze ko iki kibazo kigaragaza intege nke mu nzego zishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta ku rwego rw’uturere.
Ati “Dufite izi nzego zose; mufite CFO, CAO, RDC n’abandi. Tuzakomeza gutakaza amafaranga kubera kudahanwa kugeza ryari? Iyo abantu bakora nk’aho nta cyo bazabazwa, mugomba kubakurikirana.”
Barugahara yanenze uburyo abakekwaho ruswa bafatwa ariko ntihagire igikorwa ngo bahanwe
Ati “Abishora muri ruswa ni abanyabwenge. Bashaka ibigo byiza by’abamategeko byo kubunganira. Hari abo twafashe bajyanwa mu rukiko rushinzwe kurwanya ruswa, ariko ntibamara n’ibyumweru bibiri muri gereza ya Luzira. Bahise barekurwa batanze ingwate.”
Depite Betty Nambooze we yavuze ko kohereza inzego zo ku rwego rw’igihugu gukemura ibibazo byakagombye gukemurwa n’uturere bitwara amafaranga menshi kandi bikabangamira ihame ryo kwegereza ubuyobozi abaturage.
Ati “Dukoresha umutungo w’igihugu mu gukurikirana ibyo inzego z’uturere n’abagenzuzi b’imbere bakagombye kuba baragaragaje kandi bagakemura. Ibyo ni ugukora akazi inshuro ebyiri kandi birahenze.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!