00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Komisiyo y’Amatora yabeshyuje Bobi Wine uyishinja gushaka kwiba amajwi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 28 December 2025 saa 07:17
Yasuwe :

Komisiyo y’amatora yahakanye ibyo umukandida Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine, wiyamamariza kuyobora Uganda, yashinjije byo gushaka kwiba amajwi binyuze mu kwemerera abantu gutorera ahantu harenze hamwe.

Bobi Wine yabitangaje akoresheje urubuga rwa X agaragaza ko hari umuntu witwa Matovu Ronald wemerewe gutorera ahantu habiri kandi ari umuntu umwe kuko n’igihe yavukiye gihura mu duce twombi.

Komisiyo ishinzwe amatora yahakanye ayo makuru ivuga ko yabigenzuye abo bantu ari abantu babiri batandukanye gusa kubera umutekano wabo ndetse no kubahiriza amategeko agenga abatora itari bushyire hanze amashusho yabo.

Iyi komisiyo yagaragaje ko uburyo bukoreshwa mu gutora bwa ‘Biometric Voter Verification System (BVVS)’ bwavuguruwe ku buryo abiyandikishije bafashwe amafoto n’ibikumwe ku buryo yamaze gutora ntahandi hantu yajya gutora.

Bobi Wine kandi yari yashinjije iyi komisiyo kudatanga urutonde rw’abantu bazatora, ariko yo ivuga ko byakozwe ahubwo uyu mukandida abeshya.

Amatora ateganyijwe kuba ku wa 15 Mutarama 2026.

Komisiyo y'amatora yanyomoje ibyo yashinjwe na Bobi Wine byose gushaka gukora amanyanga mu matora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages