Mu majwi amaze kubarurwa na Komisiyo y’Amatora muri Uganda mu biro 12,465 kuri 28,010 byatorewemo, Museveni usanzwe ari Perezida w’icyo gihugu kuva mu myaka 30 ishize, amaze kugira amajwi 2,715,914 angana na 62.82%, mu gihe Dr Kiiza Besigye afite 1,414,798 angana na 32.72%.
Abo bakandida banakunze kuvugwa ko bahanganye muri aya matora, bakurikirwa na Amama Mbabazi wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa NRM ishyaka riyobowe na Museveni, ndetse wanabaye Minisitiri w’Intebe n’amajwi 74,127 angana na 1.71%, bigaragara ko yanikiwe na Museveni na Besigye.
Amatora muri Uganda yabaye ku munsi kuwa Kane tariki 19 Gashyantare, aho abaturage barimo kwitorera Perezida n’Abadepite.
Turakomeza kubakurikiranira uko amajwi agenda abarurwa.



















TANGA IGITEKEREZO