00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amatora muri Uganda: Museveni akubye kabiri Besigye mu majwi amaze kubarurwa

Yanditswe na

Ntakirutimana Deus

Kuya 19 February 2016 saa 04:58
Yasuwe :

Mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, ararusha abo bahanganye amajwi mu ibarura ry’agateganyo rimaze gukorwa hafi mu cya kabiri by’ibiro by’itora mu gihugu.

Mu majwi amaze kubarurwa na Komisiyo y’Amatora muri Uganda mu biro 12,465 kuri 28,010 byatorewemo, Museveni usanzwe ari Perezida w’icyo gihugu kuva mu myaka 30 ishize, amaze kugira amajwi 2,715,914 angana na 62.82%, mu gihe Dr Kiiza Besigye afite 1,414,798 angana na 32.72%.

Abo bakandida banakunze kuvugwa ko bahanganye muri aya matora, bakurikirwa na Amama Mbabazi wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa NRM ishyaka riyobowe na Museveni, ndetse wanabaye Minisitiri w’Intebe n’amajwi 74,127 angana na 1.71%, bigaragara ko yanikiwe na Museveni na Besigye.

Amatora muri Uganda yabaye ku munsi kuwa Kane tariki 19 Gashyantare, aho abaturage barimo kwitorera Perezida n’Abadepite.

Turakomeza kubakurikiranira uko amajwi agenda abarurwa.

Uko abakandida bakurikirana by'agateganyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages