00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Abanyeshuri 20 n’uwashinze ishuri bapfiriye mu mpanuka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 July 2026 saa 12:53
Yasuwe :

Impanuka ikomeye ya bisi yari itwaye abanyeshuri bo ku ishuri rya King David Junior School muri Uganda yahitanye abantu 21, barimo abanyeshuri 20 n’umuyobozi w’iryo shuri, Tadeo Ssekade, warashinze iryo shuri.
Iyi mpanuka yabereye ahitwa Chekwatit, mu gace ka Kawowo, mu Karere ka Kapchorwa mu burasirazuba bwa Uganda, ahagana saa mbili z’ijoro ku wa Kane. Abanyeshuri bari bavuye mu rugendoshuri, gusura Sipi Falls.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Uganda, Balaam Barugahara Ateenyi, (…)

Impanuka ikomeye ya bisi yari itwaye abanyeshuri bo ku ishuri rya King David Junior School muri Uganda yahitanye abantu 21, barimo abanyeshuri 20 n’umuyobozi w’iryo shuri, Tadeo Ssekade, warashinze iryo shuri.

Iyi mpanuka yabereye ahitwa Chekwatit, mu gace ka Kawowo, mu Karere ka Kapchorwa mu burasirazuba bwa Uganda, ahagana saa mbili z’ijoro ku wa Kane. Abanyeshuri bari bavuye mu rugendoshuri, gusura Sipi Falls.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Uganda, Balaam Barugahara Ateenyi, yavuze ko we n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Abakozi, Simon Mulongo, basuye abakomeretse bari kuvurirwa mu bitaro bitandukanye.

Balaam ati “Twasanze abana icyenda barembye cyane bari ku Bitaro Bikuru bya Mbale, abandi 16 bari kuvurirwa ku ivuriro rya Kaserem, batatu bari ku ivuriro rya Bulambuli, abandi bari ku Bitaro bya Kapchorwa.”

Yongeyeho ko abantu benshi bagize uruhare mu gutabara abari muri iyi mpanuka, cyane cyane abaturage bo muri Tingey County na Kaserem ndetse n’abakozi b’ubutabazi.

Umuyobozi w’ishuri, Tadeo Ssekade, na we wapfiriye muri iyi mpanuka, yari umwe mu bari bashinzwe imiyoborere ya King David Junior School. Abayobozi bavuze ko urupfu rw’abana n’umuyobozi w’ishuri ari igihombo gikomeye ku muryango w’ishuri ndetse no ku gihugu.

Abayobozi bavuga ko umuvuduko ukabije, gutwara nabi ndetse no kutubahiriza amategeko yo mu muhanda biri mu bitera impanuka nyinshi.

Nyuma y’iyi mpanuka, hongeye kuvugwa ko hakenewe gushyira mu bikorwa uburyo bugezweho bwo gukurikirana abatwara ibinyabiziga, harimo uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha kumenya amakosa yo mu muhanda no kugabanya impanuka zishobora kwirindwa.

Impanuka yahitanye abanyeshuri 20 n'umuyobozi w'ishuri wanarishinze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages