Eric Vita na Peter Habimana, ni bakatiwe igifungo kuwa kane tariki 23 Nyakanga, nyuma yo kwemerera umucamanza Anania Tusiime, ibyaha baregwa byo ku kwinjira mu gihugu nta mpapuro zibibemerera.
Abo bagabo bafashwe n’abashinzwe umutekano kuwa kane tariki 14 Nyakanga mu gace ka Ankole y’Amajyepfo, hafi y’urusengero, bakekwaho kuba abajura.
Aba bagabo babwiye Saturday Monitor ko binjiye baciye ku mupaka wa Kizinga ugabanya u Rwanda na Uganda badafite impapuro zibibemerera.
Bongeyeho ko binjiye muri iki gihugu bagiye gushaka akazi, bitewe n’uko batari bafite amafaranga yo gushaka aho kurara, ibyo byiyongereyeho kurembywa n’inzara bigira inama yo kujya ahatuye umukozi w’Imana ‘Bishop’ cyangwa hafi y’urusengero gusaba ubufasha ari na ho bafatiwe.
Vita, imbere y’urukiko yagize ati: “Mu Rwanda nta kazi tugira, twambukiye ku mupaka wa Kizinga ngo turebe ko twabona akazi ako ariko kose.”
Nyuma yo gukatirwa icyo gifungo, Urukiko rwategetse ko bajya gufungirwa muri gereza ya Ntungamo.



















TANGA IGITEKEREZO