Ibi bikorwa by’ubugenzuzi byakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubuzima binyuze muri gahunda yayo yo kurwanya ikoreshwa ry’itabi, hamwe n’inzego z’ubuzima muri Kabale n’inzego z’umutekano.
Abafashwe bafatiwe mu duce twa Kigongi, Keita na Rwakarara, aho basanzwe banywera itabi hanze ahahurira abantu no mu tubari.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubuzima mu karere ka Kabale, Oliver Namamya, yavuze ko ibikorwa by’igenzura byagaragaje ko hari bamwe batarumva neza ingaruka z’itabi ku buzima rusange.
Ati “Ahantu hose twakoreye ubugenzuzi twafatiyemo abantu 10 bari kunywera itabi. Twabasanze y’inzu no mu tubari.”
Namamya yashimangiye ko ubuyobozi butazigera bwihanganira abarenga ku mategeko.
Ati “Ntituzihanganira abakomeza kwirengagiza ubukangurambaga bwo kurwanya ikoreshwa ry’itabi mu ruhame. Tugomba kurinda ubuzima bw’abaturage.”
Itegeko ryo kurwanya ikoreshwa ry’itabi mu ruhame risaba ko umuntu ushaka kurinywa agomba kuba ari ahantu hagenwe kandi hatari munsi ya metero 50 uvuye ahahurira abantu, kugira ngo atabangamira abandi cyangwa ngo ateze ingaruka ku buzima bwabo.
Ubuyobozi bwa Kabale buvuga ko iyi ari inshuro ya gatatu ibikorwa nk’ibi bikozwe mu karere, aho kuva mu mwaka wa 2023 abasaga 40 bamaze gufatwa kubera kunywera itabi mu ruhame.
Abafashwe bose biteganyijwe ko bazagezwa imbere y’urukiko bakurikiranweho icyaha cyo kunywera itabi ahantu hahurira abantu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!