Ibi byatangajwe na Saeed Bin Mubarak Al Hajeri, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya UAE , ku wa 22 Ugushingo 2025, ubwo yari mu nama y’Ibihugu byo mu ihuriro G20, yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.
Yavuze ko iyi gahunda, yiswe “AI for Development Initiative,” izibanda ku nzego zirimo uburezi, ubuvuzi n’ihindagurika ry’ikirere.
Ati “Dufata ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), nk’urwego rutazagarukira ejo hazaza gusa, ahubwo nk’ishingiro ry’ejo hazaza h’ikiremwamuntu.”
Yongeyeho ko igihugu cye gikomeje gukorana n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku isi mu kurushaho guteza imbere udushya tugamije kongera umusaruro n’iterambere ry’ubukungu, ariko cyane cyane hubahirizwa imikoreshereze iboneye ya AI, ku neza ya bose.
UAE imaze imyaka ari kimwe mu bihugu bishora imari nyinshi kuri uyu mugabane, aho mu 2024 ubucuruzi hagati yayo na Afurika bwageze kuri miliyari 107 z’amadolari, bingana n’izamuka rya 28% ugereranyije no mu 2023. Mu gihe hagati ya 2020 na 2024, UAE yashoye miliyari 118 z’amadolari.
Si ibyo gusa Abu Dhabi, ikomeje umushinga wo kubaka rimwe mu masangano acururiza amakuru azaba ari manini ku isi (data-centres), hifashishijwe ikoranabuhanga ihabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
N’ubwo UAE itari mu bihugu 20 bikomeye mu bukungu ku isi bigize G20, yatumiwe muri iyi nama na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, wayakiriye ku nshuro ya mbere ibereye ku mugabane wa Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!