00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwafunze umunyapolitiki wo Nigeria ushinjwa gucuruza ingingo z’umubiri w’umuntu

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 7 May 2023 saa 01:26
Yasuwe :

Urukiko rwo mu Bwongereza ku wa Gatanu rwakatiwe igifungo cy’imyaka icyenda, Umunya-Nigeria Ike Ekweremadu wahoze ari Visi Perezida wa Sena, wahamijwe icyaha cyo gucuruza ingingo z’umubiri w’umuntu.

Ike Ekweremadu n’umugore we ndetse n’umuganga wo muri Nigeria bahamijwe icyaha cyo gushaka gucuruza ingingo z’umuntu, nyuma yo kubeshya umwe mu bazunguzayi ko bamuboneye akazi mu Bwongereza kandi bashaka kumuvanamo impyiko yo guha umukobwa wabo wari urwariye mu Bwongereza.

Ubushinjacyaha buvuga ko babeshye uwo muzunguzayi ko bamuboneye akazi mu Bwongereza, birangira yisanze kwa muganga aho bagombaga kumuvanamo impyiko.

Umwe mu baganga bari bagiye kumuvanamo impyiko yaje kubivumbura, arabihagarika ari nabwo uwo muzunguzayi yatorokaga akamara iminsi itatu arara hanze, mbere yo kugeza ikirego cye kuri Polisi.

Gutanga impyiko biremewe mu Bwongereza ariko bigakorwa ku bushake nta mafaranga cyangwa ibindi bihembo uwabikoze yasezeranyijwe.

Umukobwa wa Ekweremadu witwa Sonia ari na we yashakiraga impyiko, aracyari mu bitaro aho afite ikibazo cy’impyiko. Umuzunguzayi bashakaga ko atanga impyiko bari bamusezeranyije amadolari 8800, nubwo batamubwiye icyo bazayamuhera cy’ukuri.

Abanyapolitiki bo muri Nigeria barimo Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria bari bandikiye urukiko barusaba guha imbabazi Ekweremadu, ariko rwarabyirengagije.

Ekweremadu yahanishijwe gufungwa imyaka icyenda azira gushaka gucuruza ingingo z'umubiri w'umuntu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages