00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bworoheje uburyo bwo kubona viza ku baturage b’ibihugu bitatu bya Afurika

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 10 December 2024 saa 03:12
Yasuwe :

U Burusiya bworoheje uburyo bwo kubona viza ku Banyafurika baturuka mu bihugu bya Kenya, Eswatini na Zimbabwe.

Abaturage b’ibi bihugu bazajya baka viza bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga buzwi nka e-visa, bworoshye gukoresha ugereranyije n’ubwari busanzwe.

Ubu buryo u Burusiya buvuga ko bugamije koroshya ubuhahirane, imigenderanire n’ubucuruzi hagati y’Abanyafurika n’Abarusiya.

Ibihugu byongewemo byatumye ibyemerewe gukoresha ubu buryo biba 64. E-Visa yemerera uyihawe kuba yamara iminsi 60 mu Burusiya nta kibazo.

Kugira ngo uwasabye iyi visa ayihabwe, ntabwo asabwa kugaragaza ibyangombwa byose bigaragaza icyo azaba agiye gukora mu Burusiya. Nta mafaranga asabwa kandi kuyibona bitwara iminsi ine.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .