00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa bwatangaje igihe ingabo zabwo zizashirira muri Sénégal

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 February 2025 saa 08:58
Yasuwe :

Guverinoma y’u Bufaransa n’iya Sénégal byemeranyije ko mu mpera za 2025 ingabo z’u Bufaransa zigomba kuba zaramaze kuva muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noel Barrot na mugenzi we wa Sénégal, Yassine Fall, batangaje ko impande zombi ziri gukorana ngo icyemezo cyo kuvana ingabo z’u Bufaransa mu bigo bya gisirikare biri muri Sénégal kigende neza.

RT yanditse ko abayobozi ku mpande zombi bari kwiga ku mikoranire mishya mu bya gisirikare yatuma impande zombi zibyungukiramo.

Icyemezo cyo kwirukana abasirikare 350 b’Abafaransa bari bamaze imyaka myinshi muri Sénégal cyafashwe nyuma y’uko Perezida Bassirou Diomaye Faye avuze ko ingabo z’igihugu cyabakolonije zitagomba gukomeza kuba iwabo.

Ibinyamakuru byo muri Sénégal biherutse gutangaza ko u Bufaransa bwamaze gusubiza iki gihugu ko ibigo bitatu bya gisirikare byafunze, mu gihe bwari buhafite ibigo bitanu. Biteganyijwe ko abasirikare b’u Bufaransa bazasoza kuva muri iki gihugu muri Nzeri 2025.

Mu Ukuboza 2023 kandi u Bufaransa bwacyuye ingabo 1500 zari muri Niger nyuma y’uko abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Nyakanga 2023. Ibisa n’ibi kandi byabaye muri Mali na Bourkina Faso aho ingabo z’u Bufaransa zirukanwe, zishinjwa kunanirwa guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba mu karere.

Ingaboz z'u Bufaransa zizava muri Sénégal bitarenze Nzeri 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .