00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Turkish Airlines yahagaritse ibyerekezo icumi byo muri Afurika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 April 2026 saa 10:06
Yasuwe :

Intambara mu Burasirazuba bwo hagati ikomeje kugira ingaruka ku bijyanye n’ingendo ku mugabane wa Afurika. Turkish Airlines, imwe muri sosiyete z’indege zikomeje ku Isi yahagaritse ibyerekezo 18 birimo 10 byo muri Afurika.

Iyi sosiyete isanzwe ikorera ingendo mu Rwanda, mu byerekezo yahagaritse harimo ibyajyaga muri Gabon, Guinée-Bissau, Libéria, Sierra Leone, Angola, Zambie, Sudani y’Epfo, Congo, Mali na RDC.

Byinshi muri ibi byerekezo, ni ibyo iyi sosiyete yabonagamo abagenzi bake ugereranyije n’ibindi.

Izindi sosiyete mpuzamahanga zirimo Lufthansa, KLM na Air France na zo ziherutse guhagarika zimwe mu ngendo zazo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages