Izi nzego zatangaje ko zabashije kurokora abantu 612 mu bikorwa byatwaye igihe kinini, andi makuru akavuga ko hari ababuriwe irengero burundu.
Bagaragaje ko umubare munini w’aba bimukira wari uwa abagore n’abana, benshi bakaba bapfuye kubera ubukonje bwo mu mazi, abandi bananirwa gukomeza koga bituma babura imbaraga, bashiramo umwuka.
Amakuru y’ibanze yerekana ko ubwato aba bimukira bari barimo bwari buto ugereranyije n’umubare wabo, ndetse bukaba bwari bushaje, butagifite ubushobozi bwo gukora ingendo ndende.
Ibihugu bya Libya na Tunisia byabaye inzira ikoreshwa n’abimukira baturutse mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara, aho benshi babikoresha bambuka mu bwato, kenshi ukunze gusanga butujuje ibisabwa kugira ngo bukore ingendo ndende zo mu nyanja.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!