Ni ingingo Tshisekedi yagarutseho ku wa Mbere tariki 22 Nzeri 2025, i New York, aho yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Yavuze ko ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC kimaze imyaka irenga 30, kandi ko abayoboye Amerika batandukanye bananiwe kukirangiza.
Ati “Iyi ntambara imaze imyaka irenga 30, ndetse Abaperezida bane ba Amerika bacyinjiyemo ariko bananirwa kugarura amahoro. Uyu munsi Perezida Trump nakirangiza, nzaba uwa mbere uzatora ko ahabwa Prix Nobel.”
Muri Kamena 2025, Perezida Félix Tshisekedi nabwo yari yavuze ko Trump narangiza iyi ntambara akwiriye igihembo cya Nobel.
Kuba Perezida Trump akwiye igihembo cya Nobel mu gihe yarangiza iyi ntambara ni ingingo yanashimangiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe muri Nyakanga 2025.
Nduhungirehe yavuze ko umuntu ubashije gutuma ikibazo cy’umutekano mucye cyari mu Burasirazuba bwa RDC kibonerwa umuti, akwiriye igihembo cya Nobel kuko akemuye ikibazo cyari kimaze imyaka irenga 30.
Yagize ati “Amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo ni yo amaze imyaka myinshi ku mugabane. Amaze imyaka 30. Hari umutwe wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi umaze icyo gihe cyose uhungabanya igihugu cyacu, rero umuntu wese harimo na Trump ushobora gutuma ayo makimbirane arangira akwiye Nobel Peace Prize.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!