00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tshisekedi mu ihurizo ryo kubyutsa Congo Airways

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 March 2026 saa 08:41
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ahanganye n’ikibazo cy’uburyo azabyutsa ibikorwa bya sosiyete y’iki gihugu ikora ingendo zo mu kirere, Congo Airways, nyuma y’ibibazo uruhuri ikomeje guhura nabyo.

Congo Airways ni sosiyete yashinzwe mu 2015 itangirana indege enye, ariko kuri ubu nta n’imwe isigaranye uretse izo ikodesha.

Amakuru dukesha RFI avuga ko ubu ibikorwa bya Air Congo byahagaze, ndetse indege zose yari ifite nta n’imwe ikora kubera ibibazo zagize byaturutse ku kutitabwaho neza.

Uretse indege Air Congo yari ifite, n’izo ikodesha ntabwo ziri mu kazi kuko zimwe abapilote bayo ntibafite ubushobozi bwo kuzitwara, mu gihe izindi zitarabona ibyuma bisimbura ibishaje.

Air Congo kandi yugarijwe n’ibibazo by’amadeni, kwishyura imishara ndetse n’ibirarane by’imisoro.

Amakuru yizewe ashimangira ko mu mpera z’iki cyumweru, Perezida Tshisekedi yavuze ko kuba Air Congo idakora biteza igihombo gikomeye igihugu.

Yasabye ko hashyirwaho gahunda ihamye ijyanye no kubyutsa ibikorwa by’iyi sosiyete.

Perezida Tshisekedi yavuze ko Guverinoma ikwiriye kwiga ihereye mu mizi iki kibazo ndetse igashyiraho uburyo bunoze bw’imicungire y’imari y’iyi sosiyete.

Ibi bibaye nyuma y’uko mu 2022, Inama y’Abaminisitiri ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yemeje ishingwa rya sosiyete nshya y’indege ‘Air Congo’ isimbura Congo Airways.

Guverinoma ya RDC yari yavuze ko iyo sosiyete izashingwa ku bufatanye na Ethiopian Airlines isanzwe ikora ingendo z’indege ariko imigabane myinshi ikazaba ari iya Guverinoma ya Congo.

Ibibazo byatangiye ubwo amasezerano yari ari hagati ya Kenya Airways na Congo Airways arangiriye ntavugururwe.

Tshisekedi aracyagowe no kubyutsa ibikorwa bya Congo Airways

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages