00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tshisekedi ku gitutu cy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamusaba kwegura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 June 2026 saa 08:20
Yasuwe :

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye mu ihuriro C64 batangaje imyigaragambyo izabera mu gihugu hose igamije gusaba Perezida Felix Tshisekedi kwegura.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC baheruka mu myigaragambyo ku wa 12 Kamena, ubwo bamaganaga itegeko ryemera referandumu muri RDC, riganisha ku guha Tshisekedi uburenganzira bwo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Actualite CD yanditse ko nyuma y’inama yo gusuzuma ibyabaye ku wa 12 Kamena, Ihuriro C64 ryatangaje ko rizategura imyigaragambyo rusange izabera mu gihugu hose, ikazaba ku wa 8 Nyakanga 2026.

Abazigaragambiriza i Kinshasa, biteganyijwe ko bazerekeza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu. Bazaba basaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura, kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamushinja kugambanira igihugu no kutubahiriza Itegeko Nshinga.

Imyigaragambyo iheruka yakomerekeyemo benshi barimo Martin Fayulu.

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bateguye imyigaragambyo izagera no ku biro bya Tshisekedi bamusaba kwegura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages