Mu itangazo ryanyuze ku rubuga rw’umukuru w’igihugu , Perezida Faure Gnassingbe yashimiye abagize guverinoma ku kazi kose bakoze ko guteza imbere ubukungu, Politike ndetse n’imibereho myiza kandi ko byagize umusaruro nubwo igihugu cyahungabanyijwe n’icyorezo cyugarije Isi cya Coronavirus .
Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo Perezida Gnassingbe yatorerwaga manda ya kane. Byari biteganyijwe mo ahita asesa Guverinoma ariko ntibyakunze kubera icyorezo cya Coronavirus ariyo mpamvu byabaye kuri uyu wa Gatanu.
Klassou wari Minisitiri w’intebe yagiyeho kuva 2015. Ntabwo hatangajwe igihe bazashyiriraho indi guverinoma .
Perezida wa Togo yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2005 asimbuye se Gnassingbe Eyadema, nawe wayoboye imyaka 38.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!