00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Teddy Afro wamamaye muri ‘Lambadina’ yasohoye indirimbo yamagana Leta y’igihugu cye

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 18 April 2026 saa 08:59
Yasuwe :

Umuhanzi Tewodros Kassahun, uzwi ku izina rya Teddy Afro, uri mu bakomeye muri Ethiopia yasohoye indirimbo ku wa 16 Mata 2026 avugamo uburyo igihugu cye kavukire kiri kugenda gisigazwa inyuma n’amateka, ihita yigaruria amarangamutima ya benshi.

Ni indirimbo yitwa Das Tal. Mu minsi ibiri imaze isohotse kuri YouTube, imaze kurebwa n’abasaga miliyoni 7.

Muri iyi ndirimbo, uyu muhanzi w’imyaka 49 y’amavuko aririmba atabaza avuga ko afite agahinda gakabije kandi ko atewe inkeke n’uko igihugu cye kiri gusigara inyuma.

Ati "Umwuka wo kuba Umunya-Ethiopia uri gusigara inyuma cyane. Ubu ndi kumva neza agahinda n’ububabare. Ni he umuntu yajya gutakira, ni he waririra? Ubutaka bwandeze, mu mudugudu nakuriyemo, nahindutse inyeshyamba nk’umuntu utagira igihugu".

Uyu muhanzi yagiye anakozanyaho n’ingoma zabanjirije ubutegetsi buriho ubu. Mu myaka 20 ishize, yafunzwe amezi 16 kubera icyaha cyo kugonga umuntu ukiruka ariko we avuga ko yafunzwe ku mpamvu za politiki.

Aheruka gusohora ablum yise "Ethiopia" yagiye ahagaragara mu 2017. Yari ishingiye ku mateka ya Ethiopia ndetse inafite ubutumwa bwo guhamagarira abanya-Ethiopia kugira ubumwe.

Teddy Afro yasohoye indirimbo yamagana Leta ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages