00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania yataye muri yombi abantu 130 bateje akaga umutekano wayo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 July 2026 saa 09:36
Yasuwe :

Abapolisi bo muri Tanzania batangaje ko bataye muri yombi abantu 130 bakekwaho gushishikariza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, mu gihe ubuyobozi bukomeje kugenzura ibikorwa byo kutavuga rumwe na Leta nyuma y’uko habayeho guhagarika inama n’imyigaragambyo bya politiki.

Polisi yavuze ko aba bantu bafashwe mu rwego rwo gukumira ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano, ndetse ko ikomeje gushakisha abandi bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko Minisitiri w’Umutekano w’imbere muri Tanzania ku wa 26 Kamena 2026, yatangaje ko ibikorwa byose byo guterana ku mpamvu za politiki bihagaritswe.

Mbere y’iryo tangazo, hari hateguwe imyigaragambyo ku wa 7 Nyakanga, y’abasaba ko habaho amavugurura ya demokarasi ndetse hagatangwa n’ubutabera ku bantu baguye mu mvururu zabaye mu gihe cy’amatora umwaka ushize.

Gusa, kubera kohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu bice bitandukanye by’igihugu byatumye iyo myigaragambyo itaba.

Raporo y’akanama kashyizweho na Leta kugira ngo gakurikirane ibyabaye mu myigaragambyo yabanjirije amatora y’umukuru w’igihugu, yasohotse muri Mata, yavuze ko nibura abantu 518 bishwe mu mvururu zabaye nyuma y’amatora, aho byavugwaga ko zatewe n’uko abakandida bakomeye b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi batemerewe kwitabira amatora.

Nyamara ubuyobozi bwa Tanzania bwamaganye ibirego by’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko inzego z’umutekano zakoresheje imbaraga zirenze urugero mu gihe cy’imvururu zishingiye ku matora.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages