00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Umwana w’imyaka 10 yashyingiwe n’umuryango we, leta imukurayo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 August 2026 saa 07:51
Yasuwe :

Abayobozi muri Tanzania batabaye umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wigaga mu mashuri abanza, wari warashyingiwe ku gahato n’abo mu muryango we ku musore w’imyaka 20 mu Mudugudu wa Ruvu Jiungeni, mu Karere ka Same.

Uyu mwana wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza ku Ishuri Ribanza rya Jiungeni, akaba ari n’imfura mu muryango, yari yarakuwe mu ishuri n’abo mu muryango we kugira ngo ashyingirwe. Ingano y’inkwano yatanzwe ntiramenyekana.

Komiseri w’Akarere ka Same, Kasilda Mgeni, yavuze ko abayobozi batangiye iperereza nyuma yo kubona amakuru avuga ko uyu mwana yari amaze igihe kinini atajya ku ishuri.

Iperereza ryagejeje inzego z’ubuyobozi aho yari acumbikiwe, zisanga abana babiri, uyu w’imyaka 10 n’umusore w’imyaka 20, babana nk’umugabo n’umugore.

Bombi bahise bafatwa kugira ngo ikibazo gikurikiranwe.

Kasilda yamaganye iki gikorwa, avuga ko ari ukurenga ku burenganzira bw’umwana.

Ati “Guverinoma iramagana byimazeyo iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko cyakozwe n’abo mu muryango, bashyingira umwana w’imyaka 10, bakamwambura uburenganzira bwe bw’ibanze, harimo uburezi no kuba ahantu hatekanye.”

Yongeyeho ko abakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa bakiri mu maboko ya polisi, bategereje ko bakurikiranwa n’amategeko. Yasabye abaturage gutanga amakuru ku bikorwa nk’ibi bibera mu miryango yabo.

Ati “Ndashishikariza abaturage ba Same gukomeza gutanga amakuru mu ibanga ku bikorwa nk’ibi bya kinyamaswa bibera mu miryango yacu.”

Umujyanama w’Umurenge wa Ruvu, Yaigongo Mrutu, na we yemeje ko polisi yataye muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri iki kibazo kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Ati “Babanaga nk’umugabo n’umugore ahantu hitaruye. Ni ibintu biteye ubwoba cyane mu muryango wacu w’aborozi. Umwana w’imyaka 10 ni muto cyane ku buryo adakwiye gushyingirwa.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages