00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Polisi yataye muri yombi abari bafite umugambi wo kwica abayobozi muri guverinoma

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 July 2026 saa 08:09
Yasuwe :

Polisi ya Tanzania yatangaje ko yafashe abantu bakekwaho kugira uruhare mu mugambi wo guteza imyigaragambyo no gukora ibikorwa by’urugomo, birimo no kugaba ibitero ku bayobozi ba guverinoma.

Ibi byatangajwe ku Cyumweru tariki ya 5 Nyakanga 2026 n’Umuvugizi wa Polisi ya Tanzania, David Misime, ubwo yavuganaga n’abanyamakuru mu Mujyi wa Dar es Salaam ahazwi nka Sabasaba, mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubucuruzi.

Polisi yavuze ko umutekano w’igihugu urinzwe, ndetse ko inzego z’umutekano zikomeje gukurikirana abantu bake bakekwaho gushaka guhungabanya ituze rusange.

Misime yavuze ko nubwo hari abantu bake bakekwaho ibikorwa byo gutegura imyigaragambyo itemewe n’amategeko no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gushishikariza urubyiruko gukora ibikorwa by’urugomo, inzego z’umutekano ziri maso.

Ati “Turizeza Abanya-Tanzania ko umutekano w’igihugu uhagaze neza. Inzego z’umutekano ziri gukurikirana neza ibikorwa byose bishobora guhungabanya amahoro n’umutekano.”

Polisi ivuga ko iperereza ryagaragaje ko hari abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga n’amatsinda yo kuri internet mu gukwirakwiza ibitekerezo byo gukangurira urugomo.

Bimwe mu byo bashinjwa harimo gushaka kugaba ibitero ku bayobozi ba guverinoma, gusenya no kwangiza imitungo ya leta n’iy’abantu ku giti cyabo, gutwika amashuri, ndetse no kugaba ibitero ku nzego z’umutekano hagamijwe kubambura intwaro.

Polisi yemeje ko bamwe mu bakekwaho ibyo bikorwa bamaze gutabwa muri yombi kugira ngo bakorweho iperereza, nubwo itigeze itangaza umubare wabo.

Misime yasabye abaturage gukomeza imirimo yabo ya buri munsi nta bwoba, anabasaba gukorana n’inzego z’umutekano batanga amakuru ashobora gufasha gukumira ibyaha.

Yasoje avuga ko Polisi yiyemeje kurinda abaturage bose no gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri Tanzania.

Polisi ya Tanzania yatangaje ko yataye muri yombi abari bafite umugambi wo kwica abayobozi muri guverinoma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages