00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania ntirahabwa umurambo w’umuturage wayo uherutse gukurwa muri Gaza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 November 2025 saa 08:13
Yasuwe :

Guverinoma ya Tanzania yatangaje ko iri gukorana bya hafi n’ubutegetsi bwa Israel kugira ngo umurambo wa Joshua Loitu Mollel, umusore w’imyaka 21 wishwe mu gitero cyabereye muri Gaza ku wa 7 Ukwakira 2023, ushyingurwe mu gihugu cye kavukire.

Ubwo iki gitero cyabaga, Mollel yari mu mahugurwa y’ubuhinzi muri Israel mu gace ka Kibbutz Nahal Oz.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Tanzania ryemeje ko umurambo washyikirijwe Israel uvuye muri Gaza ari uwa Joshua Mollel.

Riti “Guverinoma ya Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania ibinyujije muri Ambasade yayo iri i Tel Aviv, iri gukorana n’inzego za Israel kugira ngo umurambo wa nyakwigendera ushyingurwe mu gihugu mu cyubahiro gikwiye.”

“Ibyavuye mu iperereza byemeje ko umurambo ari uw’uwacu. Ibi byazanye ihumure ku muryango n’abaturage bose.”

Mollel yari amaze iminsi 19 gusa muri Israel ubwo icyo gitero cyabaga. Se w’uyu musore yabwiwe ko umuhungu we yitabye Imana ku wa 13 Ukuboza 2023, nyuma y’igihe kirekire yari amaze yaraburiwe irengero.

Uwo musore yari umwe mu Banya-Tanzania babiri baguye muri ibyo bitero, mu gihe abandi 36 bashoboye kurokoka.

Kugeza ubu, umurambo wa Mollel nturagera muri Tanzania, ariko inzego zombi zemeje ko ibiganiro biri kugera ku musozo kugira ngo ushyingurwe mu gihugu mu cyubahiro.

Joshua Loitu Mollel yaguye mu bitero bya Hamas byibasiye Israel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages