00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Bakurikiranyweho kwica umugabo azira ibihuha byo gukora ku myanya y’ibanga ikabura

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 12 April 2026 saa 05:46
Yasuwe :

Polisi ya Tanzania ikorera mu gace ka Pemba muri, yatangaje ko yataye muri yombi abantu barindwi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo wishwe azira ibihuha bivuga ko yakoraga ku muntu ubugabo bwe bukabura.

Uyu mugabo witwa Hamad Othman Mwalimu w’imyaka 35, yishwe ku mugoroba wo ku wa 10 Mata 2026 mu gace ka Kinyikani Shehia, nyuma yo gushinjwa n’agatsiko k’abantu ko yakoze ku mugabo akamutera ikibazo cy’uko imyanya ndangagitsina ye yaburiwe irengero.

Amakuru yatangajwe n’umuyobozi wa Polisi yo muri aka gace agaragaza ko aba bantu bafashe icyemezo cyo kwihanira uwo mugabo nyuma yo kwizera ayo makuru adafite gihamya, aho bakekaga ko gukora ku muntu bishobora gutuma abura igitsina.

Polisi yavuze ko uyu mugabo yishwe nyuma yo gukekwaho ko yakoze ku rutugu rw’uwitwa Makame Abdalla Suleiman, ubugabo bwe bukaburirwa irengero.

Polisi yavuze ko ibyo bihuha nta shingiro bifite, isaba abaturage kwirinda gukurikira amakuru atizewe ashobora guteza urugomo. Yanaboneyeho gusaba abantu kujya batanga amakuru ku nzego z’umutekano aho kwihanira.

Polisi yatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza uruhare rwa buri wese muri iki cyaha, kandi abakekwa bose bakaba bazagezwa imbere y’ubutabera.

Muri Tanzania abantu barindwi bakurikiranyweho kwica umugabo azira ibihuha byo gukora ku myanya y’ibanga ikabura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages