Mu bayobozi isabira gukuriraho ibihano harimo umujyanama mukuru wa Perezida Salva Kiir mu bijyanye n’imari, Dr. Benjamin Bol Mel, uhabwa amahirwe yo gusimbura Umukuru w’Igihugu.
Sudani y’Epfo kandi isaba Amerika gusubizaho visa yakuriyeho abaturage bayo muri Mata, igafungura konti y’Amadolari ifite muri Banki ya New York, ikanashyigikira ko Visi Perezida wa mbere, Riek Machar, aburanishwa.
Ubutegetsi bw’iki gihugu bwatanze ibi byifuzo nyuma y’aho Amerika icyoherejemo abimukira umunani, barimo barindwi b’abanyamahanga.
Iki gihugu cyo muri Afurika gishaka kwiyegereza cyane Amerika binyuze muri gahunda yo kwakira abimukira b’abanyamahanga, gusa ntacyo Amerika irasubiza ku byifuzo byacyo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!