Ibi byatangajwe na Minisitiri ushinjwe itumanaho muri Sudani y’Epfo, Michael Makuei, nyuma y’uko mu mpera za Ugushyingo ibitangazamakuru byo muri Ethiopia byashyiraga mu majwi iki gihugu ndetse na Sudani nk’ibya mbere bifasha TPLF bitewe inkunga n’ibihugu by’amahanga.
Makuei yavuguruje aya makuru avuga ko Perezida Salva Kiir atashyigikira abarwanya Guverinoma ya Ethiopia n’abaturage bayo kuko babaye hafi igihugu cye ndetse bagira uruhare runini mu gutuma kibona ubwigenge mu 2011.
Yakomeje ati “Ubusanzwe Sudani y’Epfo nta mutungo uhagije ifite wo gufasha ingabo zayo, rero byaba ari ukudashyira mu gaciro iramutse inahaye intwaro intagondwa zo muri Tigray igasiga abasirikare bayo nta ntwaro bafite.
Uyu muyobozi yijeje Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, ko igihugu cye kiri mu ruhande rwe ndetse ko nta mwanzi uzatera guverinoma ayoboye aturutse muri Sudani y’Epfo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!