Inzego z’ubuyobozi zatangaje ko hahise hoherezwa itsinda rishinzwe ubutabazi ariko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko iyi ndege yahanutse kubera ikirere kibi, by’umwihariko abapilote batabashaga kureba neza.
Iyi ndege yahanukiye mu bilometero 20 ugana mu majyepfo y’Uburengerazuba bw’Umurwa Mukuru Juba, kuri uyu wa 27 Mata 2025.
Yahagurutse ahitwa Yei Saa Tatu na 15 ariko nyuma y’iminota 30 itumanaho n’abakurikirana iby’indege riracika ntibongera kumenya amakuru yayo.
Muri 14 bapfuye harimo umupilote umwe n’abagenzi 13 barimo Umunya-Kenya umwe.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa Cessna 208 Caravan yari iy’ikigo cyitwa CityLink Aviation Ltd.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!